Umunyamakuru w’imikino Ngaboyicondo Roben uzwi nka ‘Ngabo Roben’ wakoraga kuri RadioTV10, yerekeje mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda nk’umukozi ushinzwe inozabubanyi n’itangazamakuru muri FERWAFA.
Mu busanzwe muri FERWAFA, umwanya w’umukozi ushinzwe Inozabubanyi nItangazamakuru ntiwari usanzwe ubaho, kuko byakorwaga na Mutuyimana Maurice Olivier ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru muri FERWAFA aho asanzwe atangaza amakuru ajyanye n’amakipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru n’andi makuru ajyanye n’umupira w’amaguru.
Mbere yo kugirwa umukozi ushinzwe Inozabubanyi n’Itangazamakuru muri FERWAFA, Ngabo Roben yagiriwe icyezere na Rwanda Premier League ahabwa inshingano z’umukozi ushinzwe Itangazamakuru n’imikoranire yaryo ku mukino wa shampiyona Al Hilal Omdurman yatsinzwemo na Al Merrikh ibitego 2-1 tariki ya 17 Gashyantare 2026
Mu mwuga w’Itangazamakuru, Ngabo Roben yari amazemo imyaka 11, yaciye ku bitangazamakuru bitandukanye aho mu bitangazamakuru byandika yaciye ku Umuseke (2015-17), IGIHE (2017-20), mu gihe kuri Radio, muri 2026-2020 yakoreraga Isango Star, RadioTV1 (2020-2023), na Radio TV10 Rwanda yagiyeho muri 2025 avuye muri Rayon Sports yakoreye imyaka irenga itandatu.

Ngabo Roben wari Umunyamakuru wa Siporo kuri Radio TV10 Rwanda yerekeje muri FERWAFA
