Burkina Faso: Amashyaka ya politiki yose yasheshwe

Ubutegetsi muri Burkina Faso bwafashe icyemezo cyo gusesa amashyaka yose ya politiki yabarizwaga muri icyo Gihugu.

Ni icyemezo cyafashwe ku wa Kane tariki ya 29 Mutarama 2026.

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu muri Burkina Faso, Emile Zerbo, yavuze ko icyo cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kubaka Igihugu no gukuraho ihohotera rwaterwaga no kugira imitwe myinshi ya politiki.

Ati: “Ibi (amashyaka menshi) byahemberaga gutandukanya abantu bikanasenya indangagaciro za rubanda.”

Kuva mu 2022 amashyaka arenga 100 yari yarabujijwe kugira icyo akora na kimwe mu Gihugu, none yasheshwe burundu.

Uyu mutegetsi yavuze ko ibikorwa n’imitungo y’ayo mashyaka bizahinduka umutungo bwite wa Leta.

Burkina Faso itegetswe na Captain Ibrahim Traore wafase ubutegetsi muri Nzeri 2022 nyuma yo guhirika ku butegetsi Lt Col Damiba.

Traore yavugaga ko we n’itsinda bari kumwe ry’abasirikare baje gusubiza ibintu ku murongo ubundi bagatanga ubutegetsi ku basivili bitarenze muri Nyakanga 2024.

Gusa nyuma avuga ko hari ibitaranoga ko bityo inzibayuho yiyongereyo imyaka itanu.

Uyu yikomwe n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi byamushinjije guhonyora uburenganzira bwa muntu ndetse no gutegeka igihugu akerekeza mu mikoranire n’u Burusiya cyane.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *