Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yasabye imbabazi Leta Zunze Ubumwe za Amerika
nyuma yo kuyishinja gufasha Bobi Wine kwihisha.
Yavuze ko yari ahawe amakuru atari yo, asiba ubutumwa yari yashyize kuri X (Twitter).
Yemeje ko amaze kuvugana na Ambasaderi wa Amerika i Kampala, kandi ko ubu byose bimeze neza.
Ibi bibaye mu gihe Bobi Wine yari yatangaje ko amatora yo ku wa 15 Mutarama 2026 yabayemo ubujura, agahitamo kwihisha avuga ko ingabo zamushakaga.
ibi kandi umugaba mukuru wingabo za uganda Muhoozi Kainerugaba ntiyabihakanye kuko yakomeje kugenda agaragaza imibare yabarwana shyaka ba Bobi Wine bakomeje kugenda bicwa umusubirizo gusa ashaka Bobi Wine aramubura ibyaje gutuma yandika kuri X ko Bobi Wine yafashijwe kwihisha na Leta zunze ubumwe za America gusa yaje gusaba imbabazi avugako ari amakuru atari yo yari amaze guhabwa bituma yibeshya atangaza ibitaribyo
Politiki ya Uganda ikomeje gushyuha nyuma y’amatora!
Komeza kudukurikira ku nkuru zigezweho.
