Mu ijambo Ambasaderi w’u Rwanda muri America, Mathilde Mukantabana, yageneye Komite y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, agashami gashinzwe Afurika, yavuze ko u Rwanda na AFC/M23 bihuriye ku ngingo y’umutekano yo kurwanya no gukumira Jenoside.
Mu gika cy’ijambo rirerire yise “Rwanda’s Defensive Measures and Transparency”, tariki ya 22 Mutarama 2026, muri kiriya kiganiro, Amb. Mathilde Mukantabana yavuze ko kubera impamvu, u Rwanda hari aho ruhurira mu by’umutekano na AFC/M23.
Yagize ati “Ibi ndabivuze nta guca ku ruhande kugira ngo twubake icyizere binyuze mu mucyo.”
Nibwo bwa mbere u Rwanda rwemeje ku mugaragaro ko rufite aho ruhuriye na AFC/M23 nubwo rwkunze kugaragaza ko rushyigikiye ibyo irwanira, ariko rugahakana ko ruyitera inkunga.
Muri ririya jambo, Amb Mathilde Mukantabana yavuze ko AFC/M23 ari umutwe witwaje intwaro wigenga ufite ibyo utumvikanaho n’ubutegetsi bwa Congo, birimo kwica abantu, gufata ku ngufu abagore, n’ivangura rishingiye ku bwoko rikorerwa Abatutsi bo muri Congo.
Yavuze ko uyu mutwe hari ibyo wari wemeranyijwe n’ubutegetsi ariko ntibuhabihirizwa, ndetse unahezwa muri politiki.
Yagize ati “Kuba u Rwanda na AFC/M23 bisangiye intego yo kurinda Abatutsi bo muri Congo imitwe irimo FDLR, n’indi ifashwa n’ingabo za Congo, FARDC ifit ibitekerezo by’ubuhezanguni, igihugu cyange inyungu zacyo zigera: no ku gukumira ko habaho indi Jenoside biturutse ku banzi bava hanze y’umupaka nk’uko byabaye mu myaka ya 1990, ibyo byashyira mu kaga no kubaho k’u Rwanda.”
Muri biriya biganiro, Amb Mathilde Mukantabana yavuze ko u Rwanda rudashaka kugena uko ibintu bigenda muri politiki ya Congo, ndetse rutanashyigikiye imitwe yitwaje intwaro kugira ngo habeho ubutegetsi budaheza.
Ati “Ibikorwa byacu bigarukira gusa mu kwita ku kurinda umutekano w’abaturage b’u Rwanda, binyuze mu gukumira ibyago bya Jenoside yava hakurya y’umupaka.”
Yasobanuye ko ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwafashe zizasubirwamo bitewe n’uko izo mpungenge z’umutekano zizagabanuka, bijyanye no gushyira mu bikorwa amasezerano yasinyiwe i Washington.
AFC/M23 ihanganye n’ubutegetsi bwa Congo kuva muri 2021, ndetse uyu mutwe ugenzura igice kinini mu Burasirazuba bwa Congo, harimo imijyi ya Goma na Bukavu.
SOURCE : UMUSEKE.COM
