Urushako rwarirunyishe sinzongera kubitekereza – Miss Muyango

Nyuma y’uko mu minsi ishize byagiye bivugwa ko Uwase Muyango yatandukanye n’umugabo we Kimenyi Yves bafitanye umwana w’umuhungu, kuri ubu Muyango yagaragaje ko byamusigiye igikomere.
‎Ubwo yari mu kiganiro kuri TikTok, Muyango yagaragaje ko ubu abagabo batakimushishikaje bitewe n’uko ubwo babanaga bitagenze neza, avuga ko ubu icyo ashyize imbere ari amafaranga.
‎Ati “Iby’abagabo ba ubinkuye mu bwonko. Ndishakira amafaranga iby’abagabo narabibonye. Narakunze ndakunda ariko aho byangejeje…Narimfuye.”
Kimenyi Yves na Muyango barushinze tariki 06 Mutarama 2024, nyuma y’umwaka umwe n’igice baratandukana.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *