Impungenge ku buzima bwa Perezida Donald Trump zikomeje kwiyongera nyuma yo kugaragara mu nama ya World Economic Forum yabereye i Davos, agaragaza igikomere kinini cyijimye (purple bruise) ku kuboko kwe kw’ibumoso, mu gihe no ku kuboko kw’iburyo hagaragaraga indi mibara isanzwe itera kwibaza byinshi.
White House yihutiye gusobanura ko icyo gikomere cyatewe n’“impanuka nto”, ivuga ko Trump yakubise ukuboko ku meza mu birori byiswe Board of Peace. Ibi byatangajwe binyuze kuri CNN, aho bavuze ko yakubise ku mfuruka y’ameza, bigatuma igikomere gihita kigaragara.
Ariko se koko ni uko ibikomere bikora?
Amashusho ya video y’icyo gikorwa agaragaza ko mu ntangiriro nta gikomere cyari gihari. Nyuma y’iminota nka 10 gusa, ukuboko kwa Trump kwahise guhinduka cyane, kugaragara nk’uwakubiswe bikomeye. Ibi byatumye impuguke mu by’ubuvuzi zivuganye n’igitangazamakuru Raw Story zivuga ko ibikomere bisaba amasaha menshi, rimwe na rimwe iminsi, kugira ngo bigaragare neza — atari iminota micye nk’uko byagaragaye kuri Trump.
Nubwo ibi bibazo byakomeje kugaragara, White House yakomeje gutsimbarara kuri iyo nkuru yayo, binyuze ku muvugizi wayo Karoline Leavitt, ibintu bamwe bafashe nk’aho bavuga bati: “Ntimwizere ibyo mwibona n’amaso yanyu.”
Ibi kandi si ubwa mbere Perezida Trump agaragaye afite ibikomere bidasobanutse ku maboko. Mu myaka yashize, ukuboko kwe kw’iburyo kwagiye kugaragara kenshi kwijimye, rimwe na rimwe bigahishwa na makeup, ahandi hagakoreshwa bande, cyangwa akagerageza kwirinda ko kamera ikwerekeza kuri uko kuboko.

