Rayon Sports WFC yanditse amateka, AS Kigali imanukana ibikombe

Rayon Sports y’abagore yanditse amateka nyuma kwegukana Shampiyona ya 3 yikurikiranya.

Ni nyuma y’uko ejo hashize ku Cyumweru tariki ya 5 Mata 2026 yatsindaga Muhazi United 1-0 mu mukino usoza Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagore umwaka w’imikino wa 2025-26.

Ni umukino Rayon Sports yagiye gukina ifite amahirwe n’ubundi yo kwegukana iki gikombe kuko ni yo yari gutsindwa byasabaga Police WFC ya kabiri gutsinda igitego byinshi birenga cumi na.

Rayon ntabwo yarindiriye iyi mibare kuko igitego kimwe cyatsinzwe na Gikundiro Scholastique ku munota wa 65 cyahise kiyihesha igikombe kiba icya gatatu yegukanye yikurikiranya.

Iyi Shampiyona yasize ikipe ya AS Kigali WFC yari ubukombe inafite ibikombe byinshi bya Shampiyona yamanutse mu cyiciro cya kabiri kimwe na Nyagatare yarangije Shampiyona idafite inota na rimwe.

Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah na perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice barebye uyu mukino

Perezida wa FERWAFA ni we watanze iki gikombe

Yegukanye igikombe cya gatatu kirukiranya