Nigeria yabohoje abasivile 31 bari bashimuswe n’abitwaje intwaro

Igisirikare cya Nigeria cyatangaje ko cyabohoje abasivili 31 bari bashimutiwe mu gitero cyagabwe ku rusengero rwo mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Leta ya Kaduna, mu gihe abantu batanu basanzwe aho igitero cyabereye bishwe.

 

Igisirikare cya Nigeria cyatangaje ko icyo gitero cyagabwe ubwo muri uru rusengero abantu bizihizaga Pasika. Urusengero ruherereye mu Mudugudu wa Ariko mu gace ka Kachia.

Abasirikare ba Nigeria bakomeje gukurikirana abo bagizi ba nabi.

Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abakirisitu muri Nigeria ishami rya Kaduna, ‌Caleb ⁠Maaji, yavuze ko ibitero byagabwe ku nsengero ebyiri zo muri Ariko ku wa 5 Mata 2026.

Caleb ⁠Maaji yemeje ko hishwe abantu barindwi mu gihe abandi benshi bashimuswe.

Caleb ⁠Maaji yabwiye Reuters ati “Turacyakomeje gushakisha.”

Nigeria yakunze kwibasirwa n’ibitero by’abitwaje intwaro n’abo mu mitwe y’iterabwoba nka Boko Haram.

Nko mu Ugushyingo 2025, abantu bitwaje intwaro bashimuse abanyeshuri 227 n’abarimu mu ishuri rya gikirisitu riherereye mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Nigeria.

Ingabo za Nigeria zabohoje abasivile 31 bari bashimuswe n’abitwaje intwaro