Isiganwa rya ‘Formula One’ mu Burasirazuba bwo Hagati yahagaritswe ku mpamvu z’umutekano

Kubera intambara iri kubera muri Iran n’ibindi bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati, amasiganwa abiri ya Formula One yari kuzabera Bahrain na Arabie Saoudite yasubitswe.

 

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 15 Werurwe 2026, ni bwo mu Bushinwa habereye isiganwa rya kabiri muri uyu mwaka w’imikino, rikinirwa muri Shanghai International Circuit.

Mbere y’uko iri siganwa ritangira Ishyirahamwe ry’Imikino yo gusiganwa mun Modoka (FIA), ryashyize hanze itangazo ryerekeye amasiganwa ari kubera mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati, ahari umutekano muke.

Ni itangazo rivuga ko isiganwa rya Bahrain Grand Prix ryari riteganyijwe tariki ya 12 Mata n’irya Saudi Arabian Grand Prix ryari ku wa 19 Mata 2026, yakuwe mu azakinwa muri uyu mwaka.

FIA yagize iti “Nyuma yo gusuzumana ubushishozi amasiganwa ya Bahrain na Arabie Saoudite, ntabwo azakinwa muri Mata kandi nta kuyasimbuza bizabaho. Uko ni ko bizagenda no ku masiganwa ya FIA Formula 2, FIA Formula 3, na F1 Academy na yo yari ateganyijwe.”

Aya marushanwa yose yasubitswe kubera intambara iri hagati ya Iran, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ifatanyije na Israel, yagize ingaruka no ku bindi bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati.

Kuyasubika bivuze ko umwaka uzahita ugira amasiganwa 22 aho kuba 24 nk’uko bisanzwe, byanateje igihombo Formula One kuko yari yamaze kwishyura ibihugu byombi miliyoni 100 z’Amapawundi (miliyari 193 Frw), ahabwa igihugu cyakiriye isiganwa.

Umujyi wa Manama uberamo isiganwa muri Bahrain ni umwe mu yagabweho ibitero na Iran, ndetse uwa Jeddah na wo uberamo amasiganwa muri Arabie Saoudite ushobora kugabwaho ibitero n’icyo gihugu nk’uko byagenze mu myaka ishize.

 

Formula 1 yahombye arenga miliyari 193 Frw kubera isubikwa ry’amasiganwa abiri yari kuzabera mu Burasirazuba bwo Hagati

 

Isiganwa rya Bahrain Grand Prix ryasubitswe kubera intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati