Radio yiteguraga kugura ubutaka mu Rwanda no gushinga ‘Label’ mbere y’urupfu rwe

Umuhanzi wo muri Uganda, Ziza Bafana, yatangaje ko nyakwigendera Mowzey Radio yari afite umugambi ukomeye wo kwimukira mu Rwanda mbere y’uko yitaba Imana mu 2018.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Bafana yavuze ko Radio atari afite gusa igitekerezo cyo kwimuka, ahubwo yari yaranatangiye gutegura uko yagura ubutaka mu Rwanda, agamije kuhatura no gutangirirayo urugendo rushya rw’umuziki.

Ziza Bafana, wakoranye na Radio n’itsinda rya Goodlyfe Crew mu ndirimbo “Byagana,” yavuze ko muri icyo gihe Radio yari amaze kurambirwa imikorere y’inganda z’umuziki muri Uganda.

Yavuze ko Radio yashakaga ahantu hashya hamuha imbaraga n’icyerekezo gishya, ndetse akifuza gukora ibintu bye mu buryo bwisanzuye.

Big Eye yo muri Uganda yasubiyemo amagambo ye agira ati “Twakoranye indirimbo nyinshi muri icyo gihe. Hari imwe nifuzaga ko dusohora cyane kuko Radio yari azi cyane ibijyanye no gutunganya indirimbo no gushyiramo amajwi meza. Icyo gihe namusanze ari kumwe na mushiki we, bafite umugambi wo kwimukira mu Rwanda,”

Bafana yavuze ko Radio yakundaga cyane uko yabonaga umuziki w’u Rwanda uteye, awubonamo imikorere iteguye kandi ifite umurongo uhamye. Yizeraga ko mu Rwanda hari amahirwe mashya n’imiyoborere myiza byamufasha gukomeza kuzamuka.

Ni muri urwo rwego Radio yari yatangiye gutegura gushinga ‘label’ ye bwite yise “Angel Music”, agamije gutandukana n’icyerekezo cya Goodlyfe no kwihangira inzira nshya mu muziki.

Bafana yongeyeho ati “Ntekereza ko yari yamaze kubona ubutaka mu Rwanda. Yashakaga kwimuka kuko yari yarambiwe uko umuziki wa Uganda uteye. Radio yashakaga guhangana n’indi ntera nshya. N’iyo namutumiraga muri studio, yashakaga ko dukora ibintu biri ku rwego rwo hejuru kurushaho.”

Mowzey Radio witabye Imana mu 2018, yagumye mu mitima ya benshi nk’umwe mu bahanzi bakomeye Uganda yagize. Yamenyekanye cyane mu ndirimbo zakunzwe zirimo izo yakoranye na mugenzi we Weasel muri Goodlyfe Crew.

Nubwo atabashije kugera ku nzozi ze zo kwimukira mu Rwanda no gutangiza label ye bwite, amagambo ya Ziza Bafana agaragaza ko yari afite icyerekezo kinini, cyashoboraga guhindura byinshi mu rugendo rwe rwa muzika.

Imigambi ye yumvikanisha ko yari umuhanzi udasanzwe, wahoraga ashaka gutera indi ntambwe no kwagura imbibi z’umuziki we.

Ziza Bafana yatangaje ko Mowzey Radio yari yarafashe icyemezo cyo kwimukira mu Rwanda, ndetse ko yari amaze kubona ubutaka agamije gutangirirayo ubuzima bushya n’urugendo rushya rw’umuziki

Bafana yavuze ko Radio yari yarambiwe imiterere y’umuziki muri Uganda, akabona mu Rwanda amahirwe mashya n’imiyoborere byamufasha gushinga ‘label’ ye bwite, Angel Music

“Radio yashakaga indi ntera nshya,” — Ziza Bafana agaragaza ko nyakwigendera yari afite inzozi zo kwagura imbibi z’umuziki we, mbere y’uko urupfu rwe mu 2018