Perezida wa Kenya arimo kunengwa n’abakoresha imbuga nkoranyambaga nyuma y’uko yanditse yamagana ibitero birimo gukorwa na Iran ku bihugu byo mu karere k’uburasirazuba bwo hagati.
Ku nshuro ya mbere avuga kuri iyi mirwano yatangiye ku wa gatandatu, William Ruto yanditse ku rubuga X mu gitondo kuri uyu wa mbere ko “Kenya yamaganye ibitero kuri Emira z’Abarabu, Arabia Saoudite, Iraq, Oman, Kuwait, Jordan na Bahrain”.
Iran ivuga ko irimo kurasa ku bigo bya gisirikare bya Amerika biri muri ibi bihugu.
Perezida Ruto avuga ko “guhindura iyi ntambara iy’akarere” bishyira mu kaga gakomeye amahoro n’umutekano ku rwego mpuzamahanga, asaba impande bireba “kujya vuba mu biganiro”.
Kuba atamaganye ibitero kuri Iran, ntanihanganishe Iran – igihugu gifitanye ubucuti na Kenya – ku iyicwa ry’umutegetsi w’ikirenga wayo Ali Khamenei byarakaje bamwe mu banya-Keya.
Umwe yanditse ati: “Mr President ntiwigeze wihanganisha ku rupfu rwa Imaam Khamenei, Iran yari inshuti yacu”.
Undi ati: “Ibi birenze ubushobozi bwawe Mr President. Fata popcorn zawe urebe umukino w’abahungu bakuru”.
Undi nawe ati: “Wa mugabo we, urashaka ko natwe batuzira? Reka izo ntambara si izacu. Reba iby’amazu aciriritse [umushinga uvugwa cyane muri Kenya]…na politike za hano. Muri macye reba ibyo ushoboye.”
Undi ati: “Ese Kenya hari icyo yavuga kuri US na Israel?”
Gusa si bose bamunenze, undi yanditse ati: “Uvuze neza Mr President, igisubizo kiganisha ku mahoro kirakenewe aka kanya.”
Kugeza ubu uretse Ruto, abandi bakuru b’ibihugu byo mu karere Kenya irimo hafi ya bose birinze kuvuga kuri iyi ntambara mu burasirazuba bwo hagati, yaba kwihanganisha Iran cyangwa kwifatanya na Amerika na Israel.
