Umutwe w’ingabo zidasanzwe za Iran, IRGC, watangaje ko uri kugaba igitero cya misile na drones muri Israel mu rwego rwo kwihorera.
Uyu mutwe wagize uti “Mu rwego rwo gusubiza ubushotoranyi bw’umwanzi mubi kandi w’umunyabyaha kuri Repubulika ya Kisilamu ya Iran, icyiciro cya mbere cya misile n’ibitero bya drones byatangiye kwerekeza ku butaka bugenzurwa n’umwanzi.”
Ingabo za Israel n’iza Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri kurasa mu mijyi itandukanye ya Iran kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Gashyantare 2026, zigamije kuburizamo umugambi wo gukora intwaro kirimbuzi.
Igisirikare cya Israel cyateguje abaturage bose ko Iran ishobora gusubiza, ibasaba kwegera ahantu hatekanye bashobora kwihisha mu rwego rwo kurinda ubuzima bwabo.
Ubwo Iran yatangiraga gusubiza, ibihugu byegeranye birimo Qatar, Kuwait, Syria na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) byafunze ikirere cyabyo, kuko zimwe muri misile na drones bya Iran byerekeza muri Israel biri kukinyuramo.
Minisiteri y’Ingabo ya UAE yatangaje ko iki gihugu cyagabweho igitero cya misile, zipfubirizwa mu kirere cyo mu mujyi wa Abu Dhabi, ibimene byazo bica umuntu umwe.
Iyi Minisiteri yatangaje ko UAE ifite uburenganzira bwo gusubiza Iran mu gihe yakomeza kuvogera ubusugire bwayo, no gufata ingamba zose kugira ngo irinde umutekano wayo.

