Leta ya Iran yemeje ko Umuyobozi w’Urwego rushinzwe ubutasi mu ngabo za Revolutionary Guards (IRGC), Gen Maj. Majid Khademi, yiciwe mu gitero cyo ku wa 6 Mata 2026.
Itangazo ryemeza urupfu rwa Gen Maj Khademi, ryashyizwe hanze n’uru rwego, ryavuze ko yishwe n’igitero cy’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’iza Israel.
Khademi yagiye kuri uyu mwanya asimbuye Mohammad Kazemi nawe wishwe n’ibitero bya Israel ku wa 15 Kamena 2025 mu mirwano y’iminsi 12 yari imaze iminsi ihanganishije ibi bihugu.
Muri Gashyantare 2026 nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yabaye muri iki gihugu, Khademi yumvikanye ashinja Perezida wa Amerika, Donald Trump kugira uruhare mu gutuma iyo myigaragambyo iba.
Khademi yavuze ko muri icyo gihe cy’iyo myigaragambyo hari abanyamahanga barenga 10 barimo n’abakorana na Israel bagize uruhare mu gutuma igira ubukana.

