Iran igiye gutanga isomo k’umusirikare wa America wafatiwe kubutaka bwayo.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko umusirikare wa Amerika wari waburiwe irengero nyuma y’iraswa ry’indege y’intambara yo mu bwoko bwa F-15 Eagle mu majyepfo ya Iran, yabonetse ari muzima nubwo yakomeretse.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, Trump yavuze ko uyu musirikare yarokowe nyuma y’igikorwa gikomeye cyakozwe n’ingabo za Amerika, ashimangira ko cyari kimwe mu bikorwa bikomeye byo gutabara byabaye mu mateka y’iki gihugu.

Yanditse ati:”Twamubonye  mu masaha make ashize, ingabo za Amerika zakoze igikorwa cy’ubutwari budasanzwe mu kumushakisha no kumurokora”.

Trump yavuze ko uyu musirikare , yari yaguye mu mutego w’abasirikare ba Irani mu misozi igoye, ariko akomeza guhigwa ashaka kurokoka.

Yashimye uburyo ingabo za Amerika zakomeje kumukurikirana amasaha 24/24 kugeza bamubonye nubwo basanze yarakomeretse. Yagize ati:“Yarakomeretse ariko ameze neza kandi azakira.”

Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye avuga ko igikorwa cyo kumurokora cyaranzwe n’imirwano ikomeye hagati y’ingabo za Amerika n’iza Irani, cyane cyane mu gace k’imisozi yo mu majyepfo y’igihugu.

Hari kandi amakuru avuga ko Irani yari yashyizeho igihembo kinini ku muntu wese wafasha gufata uyu musirikare mpiri.

Mu gusoza ubutumwa bwe, Trump yashimye ingabo za Amerika ndetse anifuriza abantu Pasika nziza.