Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko umusirikare wa Amerika wari waburiwe irengero nyuma y’iraswa ry’indege y’intambara yo mu bwoko bwa F-15 Eagle mu majyepfo ya Iran, yabonetse ari muzima nubwo yakomeretse.
Yanditse ati:”Twamubonye mu masaha make ashize, ingabo za Amerika zakoze igikorwa cy’ubutwari budasanzwe mu kumushakisha no kumurokora”.
Trump yavuze ko uyu musirikare , yari yaguye mu mutego w’abasirikare ba Irani mu misozi igoye, ariko akomeza guhigwa ashaka kurokoka.
Yashimye uburyo ingabo za Amerika zakomeje kumukurikirana amasaha 24/24 kugeza bamubonye nubwo basanze yarakomeretse. Yagize ati:“Yarakomeretse ariko ameze neza kandi azakira.”
Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye avuga ko igikorwa cyo kumurokora cyaranzwe n’imirwano ikomeye hagati y’ingabo za Amerika n’iza Irani, cyane cyane mu gace k’imisozi yo mu majyepfo y’igihugu.
Hari kandi amakuru avuga ko Irani yari yashyizeho igihembo kinini ku muntu wese wafasha gufata uyu musirikare mpiri.
Mu gusoza ubutumwa bwe, Trump yashimye ingabo za Amerika ndetse anifuriza abantu Pasika nziza.
