Mu ibanga rikomeye, Doja Cat yageze i Kigali mu ijoro ryo ku wa 15-16 Werurwe 2026, mbere y’uko ahakorera igitaramo cya ‘Move Afrika’ gitegerejwe kubera muri BK Arena ku wa 17 Werurwe 2026.
Amakuru atugeraho yizewe ni uko Doja Cat yageze i Kigali hafi saa munani z’igicuku anyuzwa mu nzira y’abanyacyubahiro ajyanwa kuri hoteli.
Uyu muhanzi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika byitezwe ko azataramira i Kigali mu ijoro ryo ku wa 17 Werurwe 2026.
Doja Cata abaye umuhanzi wa gatatu utumiwe mu bitaramo bya ‘Move Afrika’ nyuma ya Kendrick Lamar wahataramiye mu 2024 na John Legend wahataramiye mu 2025.
Uyu muhanzi w’imyaka 30 amaze hafi imyaka 15 mu muziki. Azwi mu ndirimbo nka Say So, Kiss Me More yakoranye na SZA, Streets n’izindi nyinshi.
Byitezwe ko nyuma yo gutaramira i Kigali, uyu mukobwa watumiwe ku bufutanye na ‘Global Citizen’ itegura ibitaramo bya ‘MoveAfrika’, azahita yerekeza muri Afurika y’Epfo aho azataramira ku wa 20 Werurwe 2026.


