Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryateye utwatsi amakuru avuga ko ryafashe icyemezo cyo kuva mu mujyi wa Bukavu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Ku mbuga nkoranyambaga hari kuzenguruka itangazo ryitiriwe Umuyobozi wungirije wa AFC/M23 ushinzwe ibikorwa bya politiki, demokarasi n’imiyoborere, Bertrand Bisimwa, rivuga ko iri huriro ryafashe icyemezo cyo kuva i Bukavu kugira ngo amahoro arambye aboneke.
Kuri uyu wa 21 Werurwe, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko iri tangazo ari ikinyoma kandi ko ryatunganyijwe n’ubutegetsi bwa RDC bugamije kwibagiza abantu igitero ingabo zabwo zagabye i Goma tariki 11 Werurwe 2026.
Kanyuka yatangaje ko nta binyoma bishobora gutuma iki gitero cyiciwemo Umufaransakazi Karine Buisset wakorera ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) cyibagirana.
AFC/M23 yafashe umujyi wa Bukavu muri Gashyantare 2025. Ibihuha bivuga ko igiye kuwuvamo bikurikiye icyemezo yafashe cyo kuva mu mujyi wa Uvira muri Mutarama 2026.


