Abadipolomate ba Iran birukanwe muri Arabie Saudite

Arabie Saudite yatangaje ko yirukanye abadipolomate benshi ba Iran bazira ibitero igihugu cyabo gikomeje kugaba i Riyadh n’ahandi hatandukanye muri iki gihugu.

 

Abadipolomate birukanwe barimo uwari ushinzwe ibikorwa bya gisirikare muri ambasade, umwungirije ndetse n’abandi bakozi batatu ba Ambasade. Bose bahawe amasaha 24 yo kuba bavuye muri Arabie Saudite.

Ni icyemezo cyatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Arabie Saudite, ku wa Gatandatu tariki 21 Werurwe 2026.

Yavuze ko ibitero Iran ikomeje kugaba ku bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati birimo na Arabie Saudite, bihabanye n’amategeko mpuzamahanga ndetse n’amahame agenga ibihugu bituranye.

Iyi Minisiteri yakomeje ivuga ko “Ubwami bwa Arabie Saudite bukomeza gufata ingamba zose z’ingenzi mu kurinda ubusugire, umutekano, ubutaka, ikirere, abaturage, ababa (muri Arabie Saudite) ndetse n’inyungu zose z’igihugu.”

Iki cyemezo cya Arabie Saudite kijya gusa neza n’igiherutse gufatwa na Qatar cyo kwirukana abadipolomate ba Iran.

Iran ishinjwa ko ikomeje kugaba ibitero ku bihugu bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati ishinja gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’abo mu Burengerazuba bw’Isi mu mugambi wo kuyishozaho intambara.

Abakozi ba Ambasade ya Iran muri Arabie Saudite birukanywe