Umutwe wa M23 wongeye gushinja Leta ya Kinshasa Kwica Amasezerano

Umutwe wa AFC-Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), mu itangazo washyize ku rubuga rwa X kuri uyu wa Gatanu, wongeye gushinja ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi kongera kugaba ibitero bya gisirikare mu burasirazuba bwa République démocratique du Congo, nubwo hari agahenge k’intambara kari karashyizweho.
AFC/M23 ivuga ko ingabo za Leta, zirimo Forces armées de la République démocratique du Congo (FARDC), zifatanyije n’imitwe irimo Forces démocratiques de libération du Rwanda (FDLR), zagabye ibitero by’indege zitagira abapilote (drones) ndetse n’ibisasu bikomeye mu bice bya Hauts-Plateaux na Nord-Kivu.
Uyu mutwe uvuga ko muri Mutarama na Gashyantare habaye ibitero mu duce twa Minembwe, Rugezi na Rubaya, bikica abasivili bikanasenyera abaturage. Ukanashinja Leta kurenga ku mategeko mpuzamahanga arengera abasivili no ku masezerano yavugiwe i Doha.
Kugeza ubu, Leta ya Kinshasa ntiragira icyo iratangaza kuri ibi birego. Umutekano mu burasirazuba bwa Congo ukomeje kuba mubi, aho imirwano hagati y’ingabo za Leta n’umutwe wa M23 igikomeje.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *