Somalia: Umugore yishwe arashwe nyuma yo gukatirwa urwo gupfa azira kwica umukobwa w’imyaka 14

Abategetsi mu ntara ya Puntland yo muri Somalia, bishe umugore wahamwe n’icyaha cyo kwica umukobwa w’imyaka 14, rumwe mu manza z’imbonekarimwe aho igihano cy’urupfu cyahawe umugore muri ako gace.

 

Hodon Mohamud yishwe arashwe urufaya kuri uyu wa kabiri mu mujyi wa Galkacyo nyuma y’uko urukiko rumuhamije gukubita no kwica umukobwa witwa Sabirin Saylaan Abdille, wamukoreraga nk’umukozi wo mu rugo.

Uyu mukobwa yishwe mu mezi ashize muri iyi ntara ya Puntland ifite ubwigenge bucagase kuri Somalia. Umubiri we bawusanganye ibikomere byinshi ku mubiri no ku mutwe, abategetsi bakavuga ko yabanje gukorerwa iyicarubozo mbere yo kwicwa.

Abategetsi bavuga ko igihano cya Hodon cyatanzwe hisunzwe ’Qisas’, umugenzo w’itegeko rya Islam wemerera umuryango wiciwe gusaba ko uwishe na we yicwa aho guhabwa impozamarira mu mafaranga.

Kurasa urufaya uwo mugore byakurikiye itegeko ryo muri ako karere riherutse gusaba ishyirwa mu bikorwa ry’itegeko rya Islam ku manza z’ubwicanyi.

Iryo tegeko ryashyizweho mu gusubiza ku kwiyongera kw’ubwicanyi muri Galkacyo, umujyi ugabanyijemo kabiri utegekwa n’intara ya Puntland hamwe n’akarere ka Galmudug gafite amateka maremare y’umutekano mucye.

Abategetsi muri aka gace bavuga ko iri ari inshuro ya mbere mu myaka irenga 10 umugore akatiwe urwo gupfa kandi akicwa muri Puntland kubera icyaha cyo kwica.

Igihano nk’iki kizwi giheruka guhabwa umugore mu 2013, ubwo abantu 13 bo mu mutwe wa al-Shabab, barimo umugore umwe – bishwe barashwe urufaya kubera uruhare mu kwica umwe mu bahanga mu idini ya Islam muri ako gace.

Icyo gihano cyatangiwe mu bwihisho abantu batabona hanze y’umujyi wa Bosaso.

Iyicwa rya Sabiriin Seylaan ryateye uburakari mu gace ka Puntland.

Impirimbanyi, abakuru b’imiryango, n’abategetsi basabye ko uwamwishe abiryozwa kandi ko hakazwa ingamba zou kurengera abana n’abakozi bo mu ngo kenshi baba bugarijwe n’ihohoterwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *