Sinitwa ‘komanda” Nitwa Jenerali” Gen Muhoozi azubiza Amerika.
Senateri Risch abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yagaragaje ko Gen. Muhoozi yamaze kurenga umurongo utukura.
Ati: “Komanda Muhoozi Kainerugaba yamaze kurenga umurongo utukura, bityo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigomba kongera gusuzuma umubano wazo mu by’umutekano, harimo ibihano, n’ubufatanye bwa gisirikare na Uganda.”
Uyu musenateri yaboneyeho gusaba ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump kongera gusuzuma imikoranire bufitanye na Uganda mu by’umutekano, byaba ngombwa igafatirwa ibihano.
Gen. Muhoozi abinyujije ku rubuga rwe rwa, yasubije Ritsch ko Amerika ifite uburenganzira bwo kongera gusuzuma imikoranire bufitanye na Uganda, ariko ko nta bubasha bwo kuyisuzugura no guhindura abanya-Uganda abacakara ifite.
Ati: “Sinitwa ‘komanda Muhoozi Kainerugaba’. Nitwa Jenerali Muhoozi Kainerugaba. Ni uwuhe murongo utukura narenze nk’uko ubivuga? Mushobora kongera gusuzuma ibyo mushaka byose ku bijyanye n’ubufatanye bwacu, ariko ntimuzigera mudutesha agaciro cyangwa ngo mudusuzugure. Ntimuzigera muduhindura abacakara banyu.”
