Ubushakashatsi bwakorewe mu bitaro bya kaminuza ya Ghent mu Bubiligi bwagaragaje ko abagabo bane mu 10 cyangwa 40% batanyurwa n’uburebure bw’ibitsina byabo, mu gihe abagore bo bita cyane ku miterere y’abagabo.
Ubu bushakashatsi bwakorewe ku bagabo 600 n’abagore barenga 200 badahuje imiterere y’umubiri, yaba ubunini, uburebure, ku bagabo harebwa n’uburebure bw’ibitsina by’umwihariko.
Abagore benshi bagaragaje ko bakunda abagabo bafite igituza kinini n’igitsina kinini. Abagabo babajijwe uko bakwitwara babonye abagabo bavugana n’abakunzi babo, bagaragaza ko icyabahangayikisha cyane ari uko baba babarusha igitsina.
Nk’uko urubuga rw’ubuvuzi ‘PLOS Biology’ rubivuga, Dr. Piet Hoebeke wayoboye ubu bushakashatsi yagaragaje ko ibyavuzwe n’aba bagabo bigaragaza ko bahangayikishwa n’ingano y’ibitsina byabo kurusha kubaka umubiri.
Yagize ati “Abagabo bita cyane ku bitsina kurusha abagore. Ibi biba biri mu bwonko bwacu. Ha mbere ubwo twese twabagaho twambaye ubusa, kugira ibitsina binini byari ingenzi. Wagombaga gushimisha abagore. Ni yo mpamvu akenshi abagabo bafite ibitsina bito bagira ipfunwe.”
Dr. Hoebeke yagaragaje ko mu bagabo bahangayikishwa n’ibitsina bito bafite, byibura umwe mu 1000 ahangayika ku rwego rukabije, ku buryo abato bo babaho mu buzima bw’ihungabana.
