Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yashimangiye ko iyi kipe ifite amahirwe menshi ku Gikombe cya Shampiyona n’icy’Amahoro byo muri uyu mwaka w’imikino wa 2025/26.
Iyi kipe yambara ubururu n’umweru imaze iminsi ititwara neza, aho yatsinzwe na APR FC ibitego 4-1 ku mukino wa FERWAFA Super Cup mbere yo gutsindwa 4-0 na Al-Hilal SC muri Shampiyona.
Nubwo kuri ubu iri ku mwanya wa cyenda irushwa amanota 11 n’ikipe ya mbere, Murenzi Abdallah uyoboye inzibacyuho muri Rayon Sports yavuze ko bizagera muri Gicurasi bafite amahirwe menshi ku Gikombe cya Shampiyona.
Mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda kuri uyu wa Gatatu, Murenzi yagize ati “Icyo nabwira abafana ni uko Igikombe cya Shampiyona kiri mu biganza byacu, tugiye kugiharanira kugeza tukibonye.”
“N’Igikombe cy’Amahoro, ibikombe byombi, amakipe tubihanganiye dukuyemo ayo mu mahanga, tuzakomeza guhatana ku buryo muri Gicurasi, Shampiyona irangira, amahirwe tuzaba tukiyafite ahagije.”
Rayon Sports iheruka kongeramo abatoza bashya mu Ukuboza, yaguze abakinnyi batandatu bashya muri uku kwezi, aho benshi muri bo bakinnye imikino ibiri iheruka.
Murenzi yavuze ko iyi kipe ikiri ku isoko, ndetse nibishoboka izongeramo abakinnyi batatu b’Abanyarwanda barimo uwugarira, ukina hagati n’usatira izamu.
Yavuze kandi ko hari abakinnyi abatoza bifuje kurekura, aho kuri ubu abo bamaze gutandukana bidasubirwaho ari Mohammed Chelly, Harerimana Abdelaziz ‘Rivaldo’ na Serumogo Ali Omar.
Rayon Sports ifite umukino wa Shampiyona kuri uyu wa Gatatu, yakirwamo na Al-Merrikh SC kuri Kigali Pelé Stadium guhera Saa Cyenda.
Rayon Sports irushwa amanota 11 na Al-Hilal SC ya mbere, zombi zimaze gukina imikino 15
