Hamaze kwicwa 30 kandi turacyashakisha n’abandi – Gen Muhoozi

Hamaze kwicwa 30 kandi turacyashakisha n’abandi – Gen Muhoozi
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu, abatavuga rumwe n’ubutegetsi 2000 bamaze gufungwa abandi 30 bishwe.
Yabitangaje ku wa 23 Mutarama 2026 abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.
Ku wa 15 Mutarama 2026, Museveni w’imyaka 81, yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu yari ahanganyemo na Bobi Wine wo mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi NUP. Ni amatora yakozwe internet yakuweho.
Gen. Muhoozi yavuze ko Ingabo za Uganda zihanganye n’abo mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bari guhungabanya umutekano.
Ati “Twarashe ibyihebe 30 byo muri NUP. Abandi bayobozi b’ibyihebe byo muri NUP bari mu bwihisho. Bose tuzabafata.”
Abo bari mu bwihisho yavugaga Bobi Wine utaragaragara mu ruhame kuva amatora yarangira.
Guverinoma ya Uganda ishinja Bobi Wine n’abamushyigikiye kugira uruhare mu mvururu zakurikiye amatora. Mu bice bimwe na bimwe, abamushyigikiye bigabije ibiro by’itora barabitwika.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *